APR yanganyije na Rutsiro 0-0 mu mukino w'ikirarane w'umunsi wa mbere wa shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru, tariki 10 Ugushyingo 2024.
Iyi yari inshuro ya gatatu APR inanirwa kwinjiza igitego mu mukino wa shampiyona muri uyu mwaka w'imikino, dore ko byayibayeho ubwo yakirwaga na Etincelles ndetse n'ubwo yanganyaga na Gorilla, umukino waje kuviramo iyi kipe y'ingabo z'igihugu guterwa mpaga kubera gukinisha umubare w'abanyamahanga urenze uwemewe muri shampiyona.
Kuri ubu APR ikaba imaze kwinjiza igitego kimwe gusa muri shampiyona, uramutse uvanyemo ibitego bibiri bya penaliti iheruka gutsinda Vision tariki 7 Ugushyingo 2024.
Iyi kipe, itozwa na Darko Novic, yahise ifata umwanya wa 11 ku rutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya, aho ifite amanota umunani mu mikino itanu imaze gukina.
Ni mu gihe Rutsiro yo yagumye ku mwanya wa 10 n'amanota icyenda mu mikino icyenda imaze gukina, aho ifite umwenda w'ibitego bibiri.
Kylian Mbappe yafunguye konte y’ibitego muri shampiyona ya La Liga, ubwo yafashaga Real Madrid gutsinda Real Betis ibitego 2...
Samuel Eto'o yahagaritswe amezi atandatu atitabira imikino y'umupira w'amaguru nyuma y'imyitwarire idahwitse yagaragaje mu g...
Ikipe y'igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yatandukanye n’umutoza wayo Aliou Cissé, nyuma y’imyaka icyenda ayitoza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatomboye Djibouti mu ijonjora rya mbere rya CHAN 2024.
Djibouti niy...
Umukinnyi wa Gorilla FC, Nishimwe Blaise, ahamya ko ikipe y’igihugu Amavubi imeze neza, ndetse ifite n’ubushobozi bwo gutsin...