Umunyamabanga Mukuru akaba n'Umuvugizi wa Police FC, CIP Umutoni Claudette, yahakanye amakuru y'uko umutoza mukuru w'iyi kipe, Mashami Vincent yirukanwe.
CIP Umutoni yabwiye B&B Kigali ko Mashami Vincent atirukanwe na Police, gusa aca amarenga ko uyu mutoza ari mu nzira zisohoka mu ikipe.
Ati "Iyo bitavuye iwacu aba ari ibihuha. Nituramuka dutandukanye nawe, tuzabimenyesha itangazamakuru. Kugeza uyu munota tuvugana ntabwo turamusezerera."
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 8 Ukuboza 2024, ni bwo hasakaye amakuru avuga ko Mashami yirukanwe na Police FC kubera umusaruro mubi.
Amakuru B&B Kigali yamenye ni uko iyi kipe y'Igipolisi cy'u Rwanda iri gutekereza kwirukana uyu mutoza, ndetse impande zombi zikaba zatangiye ibiganiro byo gutandukana.
Mashami asigaje amasezerano y'amezi atandatu muri Police.
Uyu mutoza w'imyaka 44 yagizwe umutoza wa Police muri Nyakanga 2022, asimbuye Francis Nuttall Elliot, nyuma yo gutandukana n'ikipe y'igihugu y'u Rwanda 'Amavubi' yari amaze imyaka ine atoza.
Photo: Mashami Vincent ari mu nzira zisohoka muri Police FC.
Kylian Mbappe yafunguye konte y’ibitego muri shampiyona ya La Liga, ubwo yafashaga Real Madrid gutsinda Real Betis ibitego 2...
Samuel Eto'o yahagaritswe amezi atandatu atitabira imikino y'umupira w'amaguru nyuma y'imyitwarire idahwitse yagaragaje mu g...
Ikipe y'igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yatandukanye n’umutoza wayo Aliou Cissé, nyuma y’imyaka icyenda ayitoza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatomboye Djibouti mu ijonjora rya mbere rya CHAN 2024.
Djibouti niy...
Umukinnyi wa Gorilla FC, Nishimwe Blaise, ahamya ko ikipe y’igihugu Amavubi imeze neza, ndetse ifite n’ubushobozi bwo gutsin...