Kiyovu Sports yatsinzwe na Gasogi United ibitego 4-3, mu mukino w'umunsi wa cyenda wa shampiyona wabaye kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium..
Uyu wari umukino wa karindwi wikurikiranya Kiyovu Sports itsinzwe muri shampiyona muri uyu mwaka w'imikino.
Malipangou Christian wa Gasogi United niwe wafunguye amazamu muri uyu mukino ku munota wa 14.
Nyuma y'iminota ine Nizeyimana Djuma yishyurira Kiyovu mbere y'uko Malipangou na Mudeli Akbar batsinda, bagafasha Gasogi kujya kuruhuka iyoboye n'ibitego 3-2, dore ko Mugisha Desire yatsindiye Kiyovu igitego mu minota y'inyongera y'igice cya mbere.
Mu gice cya kabiri, Ndikumana Danny, wavuye muri APR, yatsindiye Gasogi igitego cya kane ku munota wa 75.
Mu minota ya nyuma y'umukino, Dufitimana Pacifique yatsindiye Kiyovu, agabanya ikinyuranyo, umukino urangira Gasogi ibonye itsinzi y'ibitego 4-3.
Nyuma y'umukino, Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC, yavuze ko atishimiye umusaruro ikipe ye yatahanye nubwo babonye amanota atatu, gusa ashima uburyo umutoza wa Gasogi United, Bienvenue Tchiamas, yakinishijemo ikipe.
Ati "Ndanenga cyane ba myugariro bacu kuko yatanze impano (cadeaux) zitabaho, nta gitego Kiyovu yatsinze wavuga ko yaruhiye ikagikorera."
Photo: Ndikumana Danny (ibumoso) na Malipangou Christian (iburyo) ni bamwe mu bafashije Gasogi United gutsinda Kiyovu ibitego 4-3.
Kylian Mbappe yafunguye konte y’ibitego muri shampiyona ya La Liga, ubwo yafashaga Real Madrid gutsinda Real Betis ibitego 2...
Samuel Eto'o yahagaritswe amezi atandatu atitabira imikino y'umupira w'amaguru nyuma y'imyitwarire idahwitse yagaragaje mu g...
Ikipe y'igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yatandukanye n’umutoza wayo Aliou Cissé, nyuma y’imyaka icyenda ayitoza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatomboye Djibouti mu ijonjora rya mbere rya CHAN 2024.
Djibouti niy...
Umukinnyi wa Gorilla FC, Nishimwe Blaise, ahamya ko ikipe y’igihugu Amavubi imeze neza, ndetse ifite n’ubushobozi bwo gutsin...