Jimmy Mulisa, uri gutoza ikipe y'igihugu y'u Rwanda by'agateganyo, yavuze ko baboneye isomo mu mukino ubanza wo gushaka itike ya CHAN 2024, batsinzwemo na Sudani y'Epfo ibitego 3-2, ndetse ko batazasubiramo amakosa bakoze mu mukino wo kwishyura.
Ati "Hari ibyo twakosoye, ubu abakinnyi bariteguye neza. Ikipe (Sudani y'Epfo) turayizi, amakosa twakoze turiteguye neza kuyakosora."
Mulisa yemeye ko kuba Amavubi agiye gukina umukino wo kwishyura na Sudani y'Epfo afite amahirwe make yo kubona itike byabaciye intege, ariko ashimangira ko biteguye gukora ibyo basabwa batitaye ku yindi mibare.
Ati "Ni ukureba ukuntu turangiza neza dutsinze umukino wacu. Ntawamenya, ubu ni ugukora ibyacu, iby'ayandi makipe tukabishyira ku ruhande."
Amavubi agiye gukina na Sudani y'Epfo umukino wo kwishyura w'ijonjora rya nyuma mu gushaka itike ya CHAN 2024 afite amahirwe make cyane yo kubona iyo tike, dore ko ikipe imwe yo guhagararira akarere ka CECAFA yamaze kuboneka.
Gusa mu gihe u Rwanda rwatsinda Sudani y'Epfo, rugasoreza ku mwanya wa kabiri muri aka karere, rwasigara rutegereje ko CECAFA yongerwa amakipe azayihagararira muri CHAN 2024 kubera ko hari ibihugu byo muri Afurika y'Amajyaruguru byanze kwitabira iri rushanwa ry'abakina imbere mu bihugu byabo.
Mu mukino ubanza; Amavubi yatsinzwe na Sudani y'Epfo ibitego 3-2 kuri Juba National Stadium tariki 22 Ukuboza 2024.
Mulisa yavuze ko u Rwanda rwagize amahirwe make mu mukino ubanza, agahamya ko mu mukino wo kwishyura bazahindura byinshi.
Umukino wo kwishyura uzabera kuri Amahoro Stadium kuri uyu wa Gatandatu, tariki 28 Ukuboza 2024.
Kylian Mbappe yafunguye konte y’ibitego muri shampiyona ya La Liga, ubwo yafashaga Real Madrid gutsinda Real Betis ibitego 2...
Samuel Eto'o yahagaritswe amezi atandatu atitabira imikino y'umupira w'amaguru nyuma y'imyitwarire idahwitse yagaragaje mu g...
Ikipe y'igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yatandukanye n’umutoza wayo Aliou Cissé, nyuma y’imyaka icyenda ayitoza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatomboye Djibouti mu ijonjora rya mbere rya CHAN 2024.
Djibouti niy...
Umukinnyi wa Gorilla FC, Nishimwe Blaise, ahamya ko ikipe y’igihugu Amavubi imeze neza, ndetse ifite n’ubushobozi bwo gutsin...