Rayon Sports ikomeje kwandika amateka muri CECAFA Kagame Cup ya 2026, nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa ku nshuro ya mbere mu myaka 28 ishize.
Ni nyuma yo gutsinda Jamus FC yo muri Sudani y’Epfo ibitego 3-1 mu mukino wa 1/2 wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri.
Muderi Akbar, Ibrahim Djingarey, na Tambwe Gloire nibo bafashije Rayon Sports kubona iyi ntsinzi iremereye kuri Kigali Pele Stadium.
Ni mu gihe, Bandiougou Diallo yatsindiye Jamus.
Muri CECAFA Kagame Cup ya 2026, Rayon Sports yatangiye urugendo rwayo neza, isoza imikino yo mu matsinda idatsinzwe n’aho Jamus FC yari imwe mu makipe yatangaje benshi muri iri rushanwa.
Mbere y’umukino wa 1/2, Haringingo Francis yari yavuze ko yubaha Jamus FC kandi ko ari ikipe ikomeye, ariko agaragaza icyizere ku bushobozi bw’abakinnyi be.
Rayon sport isigaje umukino umwe ngo yandike andi mateka, aho izaba iharanira kwegukana igikombe no kwemeza ko umushinga wo kubaka ikipe ikomeye uri gutanga umusaruro.
Iyi kipe, yambara Ubururu n'Umweru, iheruka kwegukana gikombe cya CECAFA Kagame Cup mu 1998 itsinze Mandenge FC ibitego 2-1, ari na cyo gusa igira kugeza aya magingo.
Kylian Mbappe yafunguye konte y’ibitego muri shampiyona ya La Liga, ubwo yafashaga Real Madrid gutsinda Real Betis ibitego 2...
Samuel Eto'o yahagaritswe amezi atandatu atitabira imikino y'umupira w'amaguru nyuma y'imyitwarire idahwitse yagaragaje mu g...
Ikipe y'igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yatandukanye n’umutoza wayo Aliou Cissé, nyuma y’imyaka icyenda ayitoza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatomboye Djibouti mu ijonjora rya mbere rya CHAN 2024.
Djibouti niy...
Umukinnyi wa Gorilla FC, Nishimwe Blaise, ahamya ko ikipe y’igihugu Amavubi imeze neza, ndetse ifite n’ubushobozi bwo gutsin...