Rayon Sports yatakaje umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na Marines ibitego 2-2 kuri uyu wa Gatandatu, tariki 5 Mata 2025, kuri sitade Umuganda.
Abasore ba Robertinho basabwaga intsinzi imbere ya Marines mbere y'umukino kugira ngo bakomeze kugumana umwanya wa mbere batuje.
Gusa bananiwe kubigeraho, dore ko byabasabye kuva inyuma bishyura inshuro ebyiri kugira ngo batahane inota rimwe.
Ni mu gihe APR yatsinze Bugesera igitego 1-0 kuri sitade y'i Bugesera, ihita ifata umwanya wa mbere bwa mbere muri uyu mwaka w'imikino, aho yabifashijwemo na Djibril Ouattara wayitsindiye igitego n'umutwe ku munota wa 10.
Rayon Sports yabanjwe igitego na Nkundimana Fabio wa Marines ku munota wa 11, nyuma y'ishoti yatereye inyuma y'urubuga rw'amahina, umunyezamu wa Rayon Sports, Khadim Ndiaye, ananirwa kurigarura nyamara yari yakoze ku mupira.
Prince Elenga yishyuriye Rayon Sports ku munota wa 31, nyuma yo guhabwa umupira na Fitina Omborenga.
Rugirayabo Hassan yongeye gushyira Marines imbere mu mukino, nyuma y'amakosa yakozwe n'umunyezamu Khadim Ndiaye, wananiwe gufata umupira yari yarekewe na ba myugariro be.
Rayon Sports yabonye igitego cyo kwishyura ku munota wa 69, aho yatsindiwe na myugariro Youssou Diagne, watsindishije umutwe, maze umukino unarangira gutyo.
Ni inshuro ya munani iyi kipe yambara ubururu n'umweru inganyije muri uyu mwaka w'imikino, ikaba inshuro ya gatanu inganyije mu mikino umunani y'igice cya kabiri cya shampiyona.
Rayon Sports, yari imaze amezi atanu ku mwanya wa mbere dore ko yawufashe ubwo yari imaze gutsinda Etincelles igitego 1-0 tariki 9 Ugushyingo 2024, yahise ijya ku mwanya wa kabiri n'amanota 47, irushwa inota rimwe na APR ya mbere ku rutonde rwa shampiyona nyuma y'imikino 23.
Kylian Mbappe yafunguye konte y’ibitego muri shampiyona ya La Liga, ubwo yafashaga Real Madrid gutsinda Real Betis ibitego 2...
Samuel Eto'o yahagaritswe amezi atandatu atitabira imikino y'umupira w'amaguru nyuma y'imyitwarire idahwitse yagaragaje mu g...
Ikipe y'igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yatandukanye n’umutoza wayo Aliou Cissé, nyuma y’imyaka icyenda ayitoza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatomboye Djibouti mu ijonjora rya mbere rya CHAN 2024.
Djibouti niy...
Umukinnyi wa Gorilla FC, Nishimwe Blaise, ahamya ko ikipe y’igihugu Amavubi imeze neza, ndetse ifite n’ubushobozi bwo gutsin...