Rayon Sports yanditse amateka mashya mu mupira w’amaguru w’u Rwanda, yegukana CECAFA Kagame Cup 2026, nyuma yo gutsinda Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 2-1 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro i Kigali.
Ni igikombe cya kabiri Rayon Sports yegukanye mu mateka yayo muri iri rushanwa nyuma y’icyo yatwaye bwa mbere mu 1998, ubwo yatsindaga Mlandege ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma.
Mu mukino wa nyuma, Rayon Sports na Gor Mahia zakinnye umukino urimo guhangana ku mpande zombi, aho iminota 90 yarangiye amakipe yombi anganya 1-1.
Junior Kameni ni we watsindiye Rayon Sports, mu gihe Shariff Sabuni Sirengo yatsindiye Gor Mahia.
Rayon Sports yakomeje gusatira no gushaka igitego cy’intsinzi, amaherezo ibona icyo gitego mu minota y’inyongera gitsinzwe na Muhoza Daniel.
Kwegukana igikombe byashimangiye urugendo rwiza bagize muri CECAFA Kagame Cup 2026.
Iyi kipe isoje irushanwa idatsinzwe, ndetse ikomeza kugira umusaruro mwiza kuva mu matsinda kugeza ku mukino wa nyuma.
Kylian Mbappe yafunguye konte y’ibitego muri shampiyona ya La Liga, ubwo yafashaga Real Madrid gutsinda Real Betis ibitego 2...
Samuel Eto'o yahagaritswe amezi atandatu atitabira imikino y'umupira w'amaguru nyuma y'imyitwarire idahwitse yagaragaje mu g...
Ikipe y'igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yatandukanye n’umutoza wayo Aliou Cissé, nyuma y’imyaka icyenda ayitoza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatomboye Djibouti mu ijonjora rya mbere rya CHAN 2024.
Djibouti niy...
Umukinnyi wa Gorilla FC, Nishimwe Blaise, ahamya ko ikipe y’igihugu Amavubi imeze neza, ndetse ifite n’ubushobozi bwo gutsin...