Umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Frank Torsten Spittler, ntabwo azatoza imikino ibiri Amavubi azakina na Sudani y'Epfo mu gushaka itike ya CHAN 2024 muri uku kwezi.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryavuze ko uyu mutoza, ukomoka mu Budage, agiye gusubira iwabo mu biruhuko by’iminsi mikuru nkuko amasezerano ye abimwemerera.
Biteganyijwe ko Rwasamanzi Yves na Mulisa Jimmy, bamwungirije, ari bo bazatoza imikino ya Sudani y'Epfo, ubanza n'uwo kwishyura, itegerejwe tariki 22 na 28 Ukuboza 2024 mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CHAN 2024.
Torsten agiye kwerekeza mu biruhuko by'iminsi mikuru atarahabwa amasezerano mashya, dore ko ayo asanganywe azarangirana n'umwaka wa 2024.
Mu minsi ishize Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, yabwiye itangazamakuru ko bari mu biganiro n’uyu mutoza byo kumwongerera amasezerano.
Torsten yagizwe umutoza mukuru w’Amavubi tariki 1 Ugushyingo 2023, ahabwa amasezerano y'umwaka umwe.
Photo: Frank Torsten Spittler agiye kwerekeza mu biruhuko by'iminsi mikuru atarahabwa amasezerano mashya.
Kylian Mbappe yafunguye konte y’ibitego muri shampiyona ya La Liga, ubwo yafashaga Real Madrid gutsinda Real Betis ibitego 2...
Samuel Eto'o yahagaritswe amezi atandatu atitabira imikino y'umupira w'amaguru nyuma y'imyitwarire idahwitse yagaragaje mu g...
Ikipe y'igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yatandukanye n’umutoza wayo Aliou Cissé, nyuma y’imyaka icyenda ayitoza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatomboye Djibouti mu ijonjora rya mbere rya CHAN 2024.
Djibouti niy...
Umukinnyi wa Gorilla FC, Nishimwe Blaise, ahamya ko ikipe y’igihugu Amavubi imeze neza, ndetse ifite n’ubushobozi bwo gutsin...