Phanuel Kavita, ukinira Birmingham Legion yo mu shampiyona y'icyiciro cya kabiri muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, yahamagawe bwa mbere mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda 'Amavubi.'
Uyu myugariro w'imyaka 31 ari mu bakinnyi 30 bahamagawe n'umutoza mukuru w'Amavubi Frank Torsten Spittler kuri uyu wa Gatatu, bazifashishwa mu mikino ibiri ya nyuma yo mu itsinda D yo gushaka itike y'Igikombe cya Afurika cya 2025.
Undi mukinnyi wahamagawe bwa mbere mu Amavubi ni Ndayishimiye Didier, ukinira AS Kigali, gusa uyu musore ukina hagati mu kibuga yaherukaga guhamagarwa mu ikipe y'igihugu y'abakina imbere mu gihugu.
Kavita yigeze no gukina muri shampiyona y'icyiciro cya mbere muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika (Major League Soccer), ubwo yakiniraga Real Salt Lake mu 2015.
Uyu mukinnyi, usanzwe ari kapiteni wa Birmingham Legion, yavukiye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), akaba yarabyawe n'umubyeyi w'umukongomani (se) ndetse n'umunyarwandakazi.
Ikipe y'igihugu y'u Rwanda izatangira umwiherero tariki 11 Ugushyingo 2024 yiteguro umukino w'umunsi wa gatanu mu gushaka itike y'Igikombe cy'Afurika izakina na Libya kuri Amahoro Stadium. Nyuma y'iminsi ine izahita yakirwa na Nigeria kuri Uyo Township Stadium, mu mukino wa nyuma wo mu itsinda.
Abakinnyi 30 bahamagawe mu Amavubi
Abanyezamu: Ntwari Fiacre (Kaizer Chiefs), Buhake Clement Twizere (Ullensaker/Kisa), Muhawenayo Gad (Gorilla FC), Habineza Fils Francois (Etoile de l'Est).
Ba myugariro: Omborenga Fitina (Rayon Sports), Byiringiro Jean Gilbert (APR FC), Imanishimwe Emmanuel (Ael Limassol FC), Niyomugabo Claude (APR FC), Rwatubyaye Abdul (FC Brera Strumica), Mutsinzi Ange (Zira FC), Manzi Thierry (Al Ahli Tripoli), Niyigena Clement (APR FC), Kavita Phanuel (Birmingham Legion), Nshimiyimana Yunusu (APR FC).
Abakina hagati: Bizimana Djihad (Kryvbas FC), Ruboneka Jean Bosco (APR FC), Ngabonziza Pacifique (Police FC), Mugisha Bonheur (Stade Tunisien), Rubanguka Steve (Al-Nojoom), Muhire Kevin (Rayon Sports), Ndayishimiye Didier (AS Kigali), Samuel Guelette (RAAL FC).
Ba rutahizamu: Kwizera Jojea (Rhode Island FC), Tuyisenge Arsene (APR FC), Dushimimana Olivier (APR FC), Mugisha Gilbert (APR FC), Iraguha Hadji (Rayon Sports), Nshuti Innocent ( One Knoxville) Mbonyumwami Taiba (Marines), Twizerimana Onesme (Vision FC).
Photo: Amavubi azatangira umwiherero tariki 11 Ugushyingo 2024 yiteguro umukino w'umunsi wa gatanu mu gushaka itike y'Igikombe cy'Afurika azakina na Libya.
Kylian Mbappe yafunguye konte y’ibitego muri shampiyona ya La Liga, ubwo yafashaga Real Madrid gutsinda Real Betis ibitego 2...
Samuel Eto'o yahagaritswe amezi atandatu atitabira imikino y'umupira w'amaguru nyuma y'imyitwarire idahwitse yagaragaje mu g...
Ikipe y'igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yatandukanye n’umutoza wayo Aliou Cissé, nyuma y’imyaka icyenda ayitoza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatomboye Djibouti mu ijonjora rya mbere rya CHAN 2024.
Djibouti niy...
Umukinnyi wa Gorilla FC, Nishimwe Blaise, ahamya ko ikipe y’igihugu Amavubi imeze neza, ndetse ifite n’ubushobozi bwo gutsin...