Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku kubungabunga ibidukikije ya COP29 (Conference of the Parties of the UNFCCC), aho iri kubera mu mujyi wa Baku muri Azerbaijan.
Byitezwe ko Perezida Kagame, wageze i Baku mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 12 Ugushyingo 2024, azagirana ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo na Perezida wa Azerbaijan, Ilham Heydar Aliyev.
Iyi nama y’iminsi ibiri izibanda ku ishoramari mu bidukikije, aho u Rwanda ruzerekana uko ruhagaze nk’igihugu kiteguye gushorwamo imari mu mishanga igamije kubungabunga ibidukikije.
Bimwe mu bindi u Rwanda ruzagaragaza muri iyi nama harimo intambwe igihugu cyateye mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no gukangurira amahanga kugana isoko rya ‘Carbone’ ry’u Rwanda.
U Rwanda rufite intego yo kugabanya 38% by’imyuka ihumanya ikirere bitarenze mu 2030, aho bizatwara asaga miliyari 11 z’amadolari y’Amerika kugira ngo bigerweho.
Photo: Iyi nama ya COP29, iri kubera i Baku muri Azerbaijan, yitabiriwe n'abaturutse mu bihugu bitandukanye.
Photo: Kagame ubwo yari ageze i Baku muri Azerbaijan, ahari kubera inama yiga ku kubungabunga ibidukikije.
Ubwo hatangizwaga umwaka w’ubucamanza wa 2024-2025 kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024, hagaragajwe ko ubujura no gukubit...
Kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame n'abandi bakuru b'ibihugu na za Guveri...
Tariki 1 Ukwakira, ku isi hizizwa umunsi mpuzamahanga w’abageze mu zabukuru. Uyu mwaka mu Rwanda, ibirori byo kwizihiza uyu ...
U Rwanda rugiye guterwa inkunga ingana na miliyoni 28$ (hafi miliyari 38 Frw) n'ikigega mpuzamahanga kirengera ibidukikije '...
Minisiteri y'uburezi 'MINEDUC' kuri uyu wa Gatanu yatangaje ko ibikorwa byo gusura abanyeshuri biga bacumbikirwa mu bigo by'...