Umuhanzikazi w’ikirangirire mu muziki, Céline Dion, yongeye gushimangira ko agarutse mu muziki, aho yateguye ibitaramo bikomeye bizabera mu Bufaransa mu mezi ari imbere.

Ibi bije bikurikira ibikorwa byagaragaye mu mujyi wa Paris, aho mu minsi ishize hatangiye kugaragara amatangazo yanditseho amwe mu magambo agize indirimbo ze zakunzwe cyane.

Aya matangazo yahise akurura impaka ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru, abafana batangira kwibaza niba ari ikimenyetso cy’igaruka rye ku rubyiniro.

Ikinyamakuru La Presse cyo muri Montréal muri Canada, aho akomoka, cyatangaje ko hari amakuru yizewe agaragaza ko uyu muhanzikazi ari gutegura igikorwa gikomeye.

Nyuma y’igihe gito, ayo makuru yaje kwemezwa, bituma ibyishimo by’abafana byiyongera.

Céline Dion ateganya gutaramira muri Paris La Défense Arena, imwe mu nzu nini zakira ibitaramo i Burayi, aho azakorera ibitaramo muri Nzeri na Ukwakira 2026.

Ibi bitaramo bitegerejwe na benshi mu bakunzi be, cyane ko bije nyuma y’igihe yari amaze adakora ibitaramo byinshi kubera ibibazo by’ubuzima.