Inzu itunganya umuziki ikanareberera inyungu z'abahanzi, Kina Music, yatangaje ko yasinyishije umuhanzikazi Zuba Ray.
Ibinyujije mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu, tariki 27 Nzeri 2024, Kina Music yagaragaje ko yishimiye kwakira uyu muhanzikazi inashimangira ko afite impano idasanzwe.
Mu butumwa iyi nzu yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo, yagize iti: "Impano idasanzwe ya Zuba Ray izakurura abantu b'imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo."
Zuba Ray yahise anasohora indirimbo ye ya mbere ari muri Kina Music. Ni indirimbo yise 'Igisabo' yanditswe inatunganywa na Ishimwe Clement, usanzwe ariwukorera muri Kina Music, anabereye umuyobozi.
Zuba Ray, izina rishya mu muziki nyarwanda, ni umuhanzikazi w'imyaka 20 y'amavuko uririmba mu njyana ya R&B na Afropop.
Nel Ngabo niwe muhanzi waherukaga gusinya amasezerano y'imikoranire na Kina Music, aho yayinjiyemo mu ntangiriro za 2019. Kugeza ubu, iyi nzu iri kubarizwamo abahanzi batatu.
Kina Music kandi n'imwe mu nzu zitunganya umuziki zikanareberera inyungu z'abahanzi zikomeye mu Rwanda. Dore ko hagiye hakurira abahanzi b'amazina aremereye ku ruhando rw'umuziki nyarwanda barimo Christopher, King James, Tom Close, Daddy Casanova, ndetse na Igor Mabano.
Umukinnyi wa ruhago, Alex Iwobi, yatangaje ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze EP ye ya mbere yise “More To Life”, ikazaru...
Umuhanzi Massamba Intore yashimishije abitabiriye igitaramo cye yise “3040 Ubutore Concert” cyabereye muri BK Arena ku mugor...
Umuhanzi Yampano yagaragaje ko umuziki Nyarwanda ukorwa muburyo bwa ‘magendu’ bitewe n’inzira zikoreshwa mu guha abahanzi ak...
Umuhanzi Davis D yahinduye amatariki y'igitaramo cye yise 'Shine Boy Fest' agishyira tariki 29 Ukwakira 2024.
Umukobwa wa R. Kelly, Joanne Kelly, uzwi ku izina rya Buku Abi, yatangaje benshi avuga ko uyu muririmbyi akanaba se umubyara...