Umuhanzi Davis D yahinduye amatariki y'igitaramo cye yise 'Shine Boy Fest' agishyira tariki 29 Ukwakira 2024.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Davis D yagaragaje ko yegeje imbere iki gitaramo kubera amashyushyu agifitiye.
Ati: "Sinashoboraga gutegereza igihe kirekire, kubera ibyiza mbateganyirije, n'ukuntu nkumbuye gutaramira abafana banjye, negeje igitaramo imbere. Mwitegure ijoro ritazibagirana."
Iki gitaramo, Davis D giteganyijwe kubera muri 'Camp Kigali, ahasanzwe habera ibitaramo bitandukanye. Uyu muhanzi azanizihirizamo imyaka 10 amaze akora umuziki.
Kugeza ubu Bulldog niwe muhanzi wenyine umaze gutangazwa uzafasha Davis D muri iki gitaramo, gusa byitezwe ko Bushali na Platini nabo bari mu bazifashisha, dore ko banakoranye indirimbo.
Hari n'amakuru avuga ko uyu muhanzi azifashisha umuhanzi ukomoka hanze y'u Rwanda.
Davis D, uri mu bahanzi bakunzwe cyane muri iki gihe mu Rwanda, aherutse gushyira hanze indirimbo yise 'Jeje' yahuriyemo n'umuhanzi Platini.
Umukinnyi wa ruhago, Alex Iwobi, yatangaje ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze EP ye ya mbere yise “More To Life”, ikazaru...
Umuhanzi Massamba Intore yashimishije abitabiriye igitaramo cye yise “3040 Ubutore Concert” cyabereye muri BK Arena ku mugor...
Inzu itunganya umuziki ikanareberera inyungu z'abahanzi, Kina Music, yatangaje ko yasinyishije umuhanzikazi Zuba Ray.
Umuhanzi Yampano yagaragaje ko umuziki Nyarwanda ukorwa muburyo bwa ‘magendu’ bitewe n’inzira zikoreshwa mu guha abahanzi ak...
Umukobwa wa R. Kelly, Joanne Kelly, uzwi ku izina rya Buku Abi, yatangaje benshi avuga ko uyu muririmbyi akanaba se umubyara...