Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Diamond Platnumz, yasabye ubuyobozi bw’igihugu cye kubaka inzu y’imyidagaduro (arena) igezweho izajya yakira ibitaramo bikomeye, mu rwego rwo guteza imbere umuziki n’imyidagaduro muri iki gihugu.

Ibi yabitangaje mu kiganiro cyatambutse kuri Wasafi FM, aho yashimiye Leta ya Tanzania ku buryo ikomeje gushyigikira urwego rw’imyidagaduro, cyane cyane mu korohereza abahanzi mu kazi kabo ka buri munsi.

Diamond yavuze ko nubwo hari intambwe imaze guterwa, hakiri icyuho mu bijyanye n’ibikorwaremezo byifashishwa mu bitaramo bikomeye, asaba ko hubakwa Arena ifite ubushobozi bwo kwakira abantu benshi kandi yujuje ibisabwa.

Yagize ati: “Ndifuza gusaba Perezida wacu, kudufasha tukabona Arena igezweho yadufasha kwakira ibitaramo bikomeye.”

Uyu muhanzi yakomeje agaragaza ko kubaka iyo Arena byafasha abahanzi ba Tanzania n’akarere muri rusange, kubona aho berekanira impano zabo ku rwego mpuzamahanga, bityo bikazamura urwego rw’imyidagaduro ndetse n’ubukungu bushingiye ku buhanzi.

Ibi bije byiyongera ku ruhare Diamond Platnumz akomeje kugira mu guteza imbere umuziki wa Afurika, aho adahwema gushishikariza ubufatanye n’iterambere rirambye mu myidagaduro.