Itsinda ry’abahanzi batatu, B2C Entertainment, ryatangaje ko ritigeze rihangayikishwa n’andi matsinda cyangwa abahanzi bari mu muziki, ahubwo ryibanda ku ntego yo kwiteza imbere mu buryo bw’amafaranga.
Mu kiganiro baherutse kugirana n’itangazamakuru, aba bahanzi bagaragaje icyizere gikomeye ku mwanya bafite mu muziki, bavuga ko nta muhanzi n’umwe bashobora guhangana na we.
B2C yavuze ko kuri ubu itagishyize imbere kwigaragaza mu marushanwa cyangwa kwemeza ko irusha abandi, ahubwo yashyize imbaraga mu gushaka inyungu no kubaka ejo hazaza habo mu bukungu.
Bagize bati: “Nta muntu ushobora kuduhangara, kuko twe twibanze gusa ku gushaka amafaranga, nta kindi.”
Iri tsinda kandi ryahakanye igitekerezo cy’uko hari ihangana rikomeye ririmo, rivuga ko uburyo bakoramo umuziki wabo budasanzwe nta wundi wabigana ngo akore ibyo bakora.
Bagize bati: “Nta marushanwa dufite. Ese hari uwo muzi uririmba nka B2C?”
B2C imaze kumenyekana mu ndirimbo zitandukanye zirimo “Tokigeza”, “Gutujja” bafatanyije na Rema Namakula, “Wanyonoona”, ndetse na “No You No Life” bafatanyije na The Ben, n’izindi nyinshi.
Umukinnyi wa ruhago, Alex Iwobi, yatangaje ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze EP ye ya mbere yise “More To Life”, ikazaru...
Umuhanzi Massamba Intore yashimishije abitabiriye igitaramo cye yise “3040 Ubutore Concert” cyabereye muri BK Arena ku mugor...
Inzu itunganya umuziki ikanareberera inyungu z'abahanzi, Kina Music, yatangaje ko yasinyishije umuhanzikazi Zuba Ray.
Umuhanzi Yampano yagaragaje ko umuziki Nyarwanda ukorwa muburyo bwa ‘magendu’ bitewe n’inzira zikoreshwa mu guha abahanzi ak...
Umuhanzi Davis D yahinduye amatariki y'igitaramo cye yise 'Shine Boy Fest' agishyira tariki 29 Ukwakira 2024.