Umuhanzi Ross Kana yamaze kwemezwa nk’umwe mu bazaririmba mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2026, aho agiye kubyitabira ku nshuro ye ya mbere.
Ross Kana aje yiyongera ku bandi bahanzi barimo Kevin Kade, Bushali, Marina, Kenny Sol na Davis D, bari bamaze gutangazwa n’abategura ibi bitaramo, aribo sosiyete ya East African Promoters (EAP).
Kugeza ubu hasigaye gutangazwa umuhanzi umwe gusa kugira ngo urutonde rw’abazaririmba rwuzure.
Ibi bitaramo biteganyijwe gutangira ku wa 20 Kamena 2026, bikazasozwa ku wa 1 Kanama 2026, bizabera mu mijyi irimo Huye, Ngoma, Nyagatare, Karongi, Muhanga, Musanze na Rubavu, aho buri gace kazakira ibitaramo bizahuza imbaga y’abakunzi b’umuziki.
Ross Kana yatangiye kumenyakana cyane mu mpera za 2023, nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM Ltd, yamufashije kumenyekana no gukomeza kwagura impano ye.
Gusa muri Gicurasi 2025, yatangaje ko aseshe ayo masezerano, ahitamo gukomeza urugendo rwe rwa muzika ku giti cye.
Uyu muhanzi azwi cyane mu ndirimbo zakunzwe zirimo “Sesa”, “Molela” na “Mami”. Yakoranye indirimbo “Fou de Toi” na bahanzi barimo Element EleéeH ndetse na Bruce Melodie, imwe mu zakunzwe cyane.
Umukinnyi wa ruhago, Alex Iwobi, yatangaje ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze EP ye ya mbere yise “More To Life”, ikazaru...
Umuhanzi Massamba Intore yashimishije abitabiriye igitaramo cye yise “3040 Ubutore Concert” cyabereye muri BK Arena ku mugor...
Inzu itunganya umuziki ikanareberera inyungu z'abahanzi, Kina Music, yatangaje ko yasinyishije umuhanzikazi Zuba Ray.
Umuhanzi Yampano yagaragaje ko umuziki Nyarwanda ukorwa muburyo bwa ‘magendu’ bitewe n’inzira zikoreshwa mu guha abahanzi ak...
Umuhanzi Davis D yahinduye amatariki y'igitaramo cye yise 'Shine Boy Fest' agishyira tariki 29 Ukwakira 2024.