Ingabire Marie Immaculée, wari Umuyobozi w’Umuryango Urwanya Ruswa n'Akarengane ‘Transparency International’ ishami ry'u Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 9 Ukwakira 2025, azize uburwayi.
Ingabire, wabayeho n'umunyamakuru, yitabye Imana afite imyaka 64.
Yari afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master's degree) mu masomo y’Uburinganire n’Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu yakuye muri Kaminuza ya Pretoria.
Yari afite kandi afite impamyabumenyi y’Icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree) mu Itangazamakuru n’Itumanaho yakuye muri Kaminuza ya Lille.
Ingabire ni umwe mu bantu 20 bashinze Umuryango Urwanya Ruswa n'Akarengane mu Rwanda mu 2004. Muri Werurwe 2015, yongeye gutorerwa kuyobora uyu muryango.
Mu gihe yamaze ayobora Transparency International Rwanda, uyu muryango wahembwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) nk’ikigo giteza imbere imiyoborere myiza mu 2012.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku kubungabunga ibidukikije ya COP29 (Conference of the...
Ubwo hatangizwaga umwaka w’ubucamanza wa 2024-2025 kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024, hagaragajwe ko ubujura no gukubit...
Kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame n'abandi bakuru b'ibihugu na za Guveri...
Tariki 1 Ukwakira, ku isi hizizwa umunsi mpuzamahanga w’abageze mu zabukuru. Uyu mwaka mu Rwanda, ibirori byo kwizihiza uyu ...
U Rwanda rugiye guterwa inkunga ingana na miliyoni 28$ (hafi miliyari 38 Frw) n'ikigega mpuzamahanga kirengera ibidukikije '...