Abagera kuri 13 bahitanwe n’inkangu yaturutse ku mvura nyinshi yaguye mu karere ka Bulambuli mu Burasirazuba bwa Uganda nk’uko byatangajwe n’umunyango utabara imbabare 'Croix-Rouge' ukorera muri iki gihugu.
Icyakora ibiro ntaramakuru AFP byatangaje ko iyi nkangu yahitanye abagera kuri 30.
Iyi nkangu yatwaye inzu 40 zo muri aka karere, kari mu ntera ya kilometero hafi 280 uvuye mu murwa mukuru Kampala, bikavugwa ko umubare w’abahitanwe na yo ushobora gukomeza kwiyongera.
Umubare munini w’abahitanywe n'ibi biza ni abana , nkuko ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda cyabitangaje, gusa haracyari umubare munini w'abantu bitaramenyakana aho baherereye.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 27 Ugushyingo, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe muri Uganda byasohoye itangazo ku rubuga rwa X biburira abaturage ko iki gihugu gishobora kwibasirwa n’ibiza muri iyi minsi.
Photo: Inzu 40 zasenywe n'ibiza byateye Akarere ka Bulambuli kari mu ntera ya kilometero hafi 280 uvuye mu murwa mukuru Kampala.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku kubungabunga ibidukikije ya COP29 (Conference of the...
Ubwo hatangizwaga umwaka w’ubucamanza wa 2024-2025 kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024, hagaragajwe ko ubujura no gukubit...
Kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame n'abandi bakuru b'ibihugu na za Guveri...
Tariki 1 Ukwakira, ku isi hizizwa umunsi mpuzamahanga w’abageze mu zabukuru. Uyu mwaka mu Rwanda, ibirori byo kwizihiza uyu ...
U Rwanda rugiye guterwa inkunga ingana na miliyoni 28$ (hafi miliyari 38 Frw) n'ikigega mpuzamahanga kirengera ibidukikije '...