Umukambwe John Alfred Tinniswood wari umugabo ukuze kurusha abandi bose ku isi yitabye Imana ku myaka 112.
Nyakwigendera Tinniswood, watabarutse kuri uyu wa Mbere, tariki 25 Ugushyingo 2024, yari umufana ukomeye w'ikipe y'umupira w'amaguru Liverpool. Tinniswood yavutse mu mwaka umwe n'uwo ubwato twa Titanic bwakozemo impanuka mu 1912.
Uyu mukambwe, ukomoka mu Bwongereza, yaciye agahigo ko kuba umuntu ukuze kurusha abandi bose ku isi muri Mata uyu mwaka, nyuma y'uko Juan Vicente Pérez Mora, wari ufite ako gahigo, yitabye Imana afite myaka 114.
Yabaye kandi umugabo ukuze kurusha abandi mu Bwongereza mu 2020.
Tinniswood yavutse tariki 26 Kanama 1912 kuri John Bernard Tinniswood na Ada. Yashyingiranywe na Blodwen mu 1942, nyuma y'umwaka umwe bakundana.
Gusa bamaranye imyaka 44, dore ko mu 1986, uyu mufasha we yitabye Imana bamaze kubyarana umwana umwe, Susan, wavutse mu 1943.
Asize umwana umwe w'umukobwa witwa Susan, abuzukuru bane ari bo Annouchka, Marisa, Toby na Rupert, ndetse n'abuzukuruza batatu – Tabitha, Callum na Nieve.
Photo: Tinniswood n'umugore we, Susan, batandukanyijwe n'urupfu nyuma y'imyaka 44 bashyingiranywe.
Photo: Tinniswood yavutse mu mwaka umwe n'uwo ubwato twa Titanic bwakozemo impanuka mu 1912.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku kubungabunga ibidukikije ya COP29 (Conference of the...
Ubwo hatangizwaga umwaka w’ubucamanza wa 2024-2025 kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024, hagaragajwe ko ubujura no gukubit...
Kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame n'abandi bakuru b'ibihugu na za Guveri...
Tariki 1 Ukwakira, ku isi hizizwa umunsi mpuzamahanga w’abageze mu zabukuru. Uyu mwaka mu Rwanda, ibirori byo kwizihiza uyu ...
U Rwanda rugiye guterwa inkunga ingana na miliyoni 28$ (hafi miliyari 38 Frw) n'ikigega mpuzamahanga kirengera ibidukikije '...